31.01.2019

The Future of Work (Kinyarwanda)

Ku bufatanye n’ Ikigo cy’Ubushakashatsi n’ubusabane bigamije amahoro (IRDP) na FES Rwanda twatangije igikorwa cya “Kigali debates’’ mu kinyarwanda twakwita “Ikiganiro mpaka”. Icyo kiganiro kizajya kiba ari uruhererekane rw’ ikiganiro kiba buri kwezi. Ikiganiro cyacu cya mbere cyibanze ku bakozi n’murimo, hibandwa ku miyoborere myiza no kurengera abatishoboye.

Photo: FES Rwanda

Photo: FES Rwanda

Photo: FES Rwanda

Abayoboye ikiganiro ni Bwana Twahirwa Alexander ukora mu kigo mpuzamahanga cy’umurimo mu Rwanda (ILO Rwanda) na Madamu Antonia Mutoro  umuyobozi mu kigo cya Top perfomance Africa akaba n’umuyobozi mukuru w’ikigo cya IPAR. Madamu Sandra Shenge ukora mu kigo cya Aegis Trust Rwanda niwe wari umuhuza bikorwa muri icyo kiganiro.

Intego ‘iki kiganiro mpaka ni ugushyiraho urubuga rw’ibiganiro bishingiye ku ubumenyi, ibimenyetso n’ibyifuzo by’ ubushakashatsi bwimbitse ku mahoro arambye n’iterambere mu Rwanda.

IRDP na FES Rwanda barateganya kuzajya bategura iki kiganiro mpaka buri wa kane w’icyumweru cya nyuma cy’ukwezi.

Abifuza kwitabira iki kiganiro, baba abaturuka mu bigo bya leta, abikorera ku giti cyabo, imiryango yarwanda n’imiryayango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta,  bose batumiwe kwifatanya natwe muri iki kiganiro, kigamije kwiga no gusangira ubunararibonye, ku miyoborere myiza n’iterambere rirambye mu Rwanda.

Ikinyamakuru “ The New Times cyanditse inkuru ijyanye n’iki kiganiro, kivuga ku mahirwe n’imbogamizi ziboneka mu murimo haba mu Rwanda no ku isi.

https://www.newtimes.co.rw/news/what-future-work-rwanda

Friedrich-Ebert-Stiftung
Rwanda

House KG 13 Ave, 14, Nyarutarama, Gasabo district - Remera sector
Kamashashi cel
Kigali – Rwanda

+250 7869 500 20
info(at)fes-rwanda.org